May 22, 2025

Perezida w’inteko ishinga mategeko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo Vital Khamere, yavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi nyuma y’uko yari yamusuye kuri uyu wa Gatatu.

Nk’uko yabitangaje, bwana Vital Khamere yavuze ko yasuye perezida Tshisekedi Tshilombo ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 07/08/2024, akaba yaramusuye nyuma y’uko uyu mukuru w’igihugu yari avuye mu Bubiligi aho yari amaze iminsi arwariye.

Rero, Vital Khamere mu kuva gusura perezida Félix Tshisekedi yavuze ko yasanze ameze neza bigaragara ko yakize.

Kamerhe yanagaragaje ko muri uku gusura perezida Félix Tshisekedi baboneyeho n’umwanya baganira ku bibazo biri mu gihugu imbere harimo iby’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse no kubukungu bw’iki gihugu ni mu gihe ifaranga rya RDC ririmo kugenda rita agaciro ku yandi mafaranga yo hanze y’iki gihugu.

Ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC bavuze ko hagomba kubaho ubugenzuzi buhoraho kandi ahanini bugakorerwa mu bice biberamo imirwano hariya mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aya magenzura agiye gukorwa, ngo biri mu nshingano z’inteko ishinga mategeko, isanzwe ifite mu nshingano kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’imari y’igihugu mu rwego rw’umutekano ndetse no mu zindi nzego.

About The Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *